00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani y’Epfo: Salva Kiir na Riek Machar bategetse ingabo zabo guhagarika intambara

Yanditswe na

Birori Eric

Kuya 29 August 2015 saa 06:58
Yasuwe :

Perezida Salva Kiir na Riek Machar utavuga rumwe na we, bategetse ingabo zabo guhagarika intambara mu rwego rwo kubahiriza ibyumvikanyweho mu masezerano yasinywe n’impande zombi, abemerera uburenganzira bwo kwitabara bashotowe gusa.

Nk’uko biteganyijwe guhagarika intambara birubahirizwa guhera kuri uyu wa gatandatu tariki ya 29 Kanama, gusa bombi bategetse ingabo zabo kwitabara mu gihe zaba zishotowe.

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Kanama, Ateny Wek, Umuvugizi wa Salva Kiir yagize ati “Mugomba guhagarika intambara no kuguma mu birindiro, gusa mushobora kwitabara nimuba mushotowe”

Aba bagabo babiri basinye amasezerano yo kurangiza intambara imaze amezi 20 ari n ako igira ingaruka ku baturage bicwa, bafatwa ku ngufu abandi bagahunga igihugu.

Aya masezerano kandi yasinywe na Machar watanze amasaha 72 ngo intambara ibe yahagaze mu ijoro ryo kuri uyu wagatandatu adahari.

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, uwa Uganda Yoweri Kaguta Museveni ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bagize uruhare mu guhuza impande zombi bari bitabiriye umuhango

Indi nkuru wasoma:http://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/byarangiye-salva-kiir-ashyize-umukono-ku-masezerano-y-amahoro

Machar yategetse ingabo ze “Guhagarika intambara kuri uyu wa 29 Kanama 2016. Abasirikari bose baraguma mu birindiro gusa bakaba bakwitabara mu gihe batewe mu gusubiza ubushotoranyi.”

Akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku isi kuri uyu wa gatanu kahamagariye impande zombi guhagarika intambara ndetse, kizeza ibihano kuri buri wese uzatambamira amasezerano.

Amasezerano ateganya ko Rieck Mashar aba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo ndetse agahabwa n’imyanya 40% muri Guverinoma. Kiir arahabwa abo kumurinda 260 naho Machar we ahabwe abo 195.

Aba bagabo bahora barebana ay’ingwe ubushyamirane bwabo bwatumye abasaga miliyoni n’igice bakurwa mu byabo ndetse abasaga ibihumbi 600 bahungira mu bindi bihugu.

Salva Kiir yari yarahiye gusinya ariko aza gusinya amasezerano havuyemo ingingo 16

[email protected]
Twitter:@biroridinatale


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages