Minisiteri w’ubutabera, Paulino Wanawila, yabwiye itangazamakuru ko Sudani y’Epfo izakomeza kugendera ku mategeko yabo ya gakondo.
Yakomeje avuga ko ibyo Agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu gasaba Sudani y’Epfo ko ubutinganyi bwakwemerwa mu mategeko, bihabanye n’amategeko igihugu gisanzwe kigenderaho.
Avugana na Eye Radio, Wanawila yagize ati “Ugushyingiranwa kw’abahuje ibitsina guhabanye n’amategeko n’imico yacu.”
Nk’uko The East African dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza, Minisitiri w’ubutabera yavuze ko igihe kitaragera ko Sudani y’Epfo nk’igihugu gishya yakuraho igihano cy’urupfu cyangwa ngo yemere mu mategeko yayo ugushyingiranwa kw’abahuje igitsina.
Mangingo aya, ubutinganyi bwimwe intebe mu mategeko y’ibihugu 34 muri 55 muri Afurika. Ariko hari ibihugu ugushyingiranwa kutemewe ariko nta n’itegeko rihanana abashyize ku mugaragaro ko babana ari abahuje ibitsina.



















TANGA IGITEKEREZO