00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Syria: Habuze gato ngo indege z’intambara z’Amerika n’u Burusiya zikozanyeho​

Yanditswe na

Kayonga J.

Kuya 14 October 2015 saa 09:26
Yasuwe :

Nyuma y’uko indege z’Abarusiya ebyiri n’iz’Abanyamerika ebyiri zisanze mu kirere kimwe muri Syria kuwa Gatandatu zitandukanijwe na kilometero​ nke cyane, kuri ubu ibi bihugu byombi bigiye kwinjira mu biganiro mu rwego rwo kwirinda ubushyamirane bwakomoka ku mpanuka.

Umunyamabanga wa Leta y’Amerika ushinzwe umutekano Ash Carter yavuze ko ubwumvikane kuri iki kibazo buri hafi. U Burusiya bwatangaje ko bugiye kugirana ibiganiro n’Amerika binyuze mu buryo bwa video conference.

​Nubwo ariko ibi biganiro hagati y’ibihugu byombi biri gukorwa, Amerika yakunze kunenga cyane uburyo U Burusiya bwitwara​ muri iyi ntambara yo kurwanya ISIS, igaragaza ko mu bitero bugaba kuri uyu mutwe w’iterabwoba, u Burusiya buhitana umubare munini w’abaturage kubwo kudashishoza, gusa ibi u Burusiya burabihakana.

U Burusiya bwatangije ibikorwa byo kurwanya ISIS tariki 30 Nzeli nyuma yo kubisabwa na guverinoma ya Bashar al-Assad. Amerika hamwe n’ibindi bihugu birimo n’u Bufaransa buheruka kubyiyongeramo bimaze igihe bimisha ibisasu ku mutwe wa ISIS wigaruriye igice cya Syria.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages