Iri tsinda rigizwe n’abantu bagera ku 120 barimo abayobozi b’ibigo n’abanyamakuru bari mu ruzinduko muri Madagascar, Tanzania n’u Rwanda.
Inkuru y’urubuga Yabiladi ivuga ko bibwe hafi icya kabiri cy’ibintu bari bitwaje bakaba barabitahuye bageze ku kibuga cy’indege cya Madagascar.
Umwe mu bagize iri tsinda yagize ati “ Twamenye ko ibintu byacu by’agaciro byibwe tugeze i Antananarivo.”
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko abagera ku 100 bose bacucuwe, igikorwa ngo cyabereye muri Tanzania mbere y’uko burira indege. Ibi ngo bituma bamwe batazibagirwa ibihe bibi bagiriye muri uru rugendo.



















TANGA IGITEKEREZO