00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Edward Lowassa yatunguye benshi ubwo yasubiraga mu ishyaka CCM

Yanditswe na Habimana James
Kuya 2 March 2019 saa 10:41
Yasuwe :

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Edward Lowassa, akaba n’utaravugaga rumwe na Perezida John Pombe Magufuli mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu 2015, yatunguye benshi ubwo yemeraga kuba umurwanashyaka wa Chama cya Mapinduzi (CCM) yahozemo.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iri shyaka, ryemeje ko Edward Lowassa yinjiye muri iri shyaka.

Umuvugizi wa CCM, Humphrey Polepole, yavuze ko uyu mugabo w’imyaka 65 ubwo yari ageze ku cyicaro cy’iri shyaka yagize ati “Ngarutse mu rugo.”

Ikinyamakuru The East African cyavuze ko muri iyi nama na Perezida Magufuli ubwe yari ahari, bikaba ngo byamushimije ndetse amuha ikaze kuba agarutse.

Yagize ati “Lowassa yagaragaje ko ari umugabo w’umunyakuri, yigeze kutuvamo ajya mu batavuga rumwe na leta ariko ubu yagaragaje ubumuntu bwo gusaba imbabazi, ndabimushimiye.”

Magufuli yavuze ko mu idini iryo ari ryo ryose bigishwa kubabarira, ubu intego ihari ni ukubaka Tanzania nshya kandi ishyize hamwe hakaba ahantu hatarangwa ubwumvikane buke.

Lowassa yavuye muri CCM mu matora yo mu 2015 nyuma y’aho izina rye rivanywe n’iri shyaka mu bagombaga kwiyamamaza.

Nyuma yo kurivamo, uyu mugabo yavuze ko CCM ari ishyaka ridashyize imbere politiki nziza kandi rikaba rigizwe n’abantu b’ibisambo.

Muri aya matora, John Magufuli yatsinze ku majwi 58.5% naho
Edward Lowassa wari muri CHADEMA agira (40.0%.

Muri Mutarama 2018, hagaragaye ifoto Lowassa ari kumwe na Perezida Magufuli ku biro by’umukuru w’igihugu, bamwe bakaba baravuze ko yari yaje kuvuga uko yavuye muri CCM.

We yarabihakanye ahubwo avuga ko Magufuli yagerageje kumureshya ngo arigarukemo we akabyanga.

Ibiro by’umukuru w’igihugu byo byavuze ko iyi ngingo itigeze iganirwaho.

Kugaruka kwa Lowassa ngo bishobora kuzafasha Magufuli mu kumushyigikira mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2020, aho azaba akeneye kongera gutorwa muri manda ya kabiri.

Lowassa yari yavuye muri CCM nyuma yo kutamushyira ku rutonde rw'abazarihagararira mu matora
Lowassa na Magufuli bongeye guhurira mu ishyaka CCM

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages