00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Inganda zikora isukari ziratabariza igihombo ziterwa n’ikomoka hanze

Yanditswe na

Jean Claude Ntawitonda

Kuya 7 October 2013 saa 08:02
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’inganda zitunganya isukari muri Tanzania (TSPA: Tanzania Sugar Producers Association), riratabariza icyemezo cya guverinoma yafashe cyo kureka amasukari y’amahanga akinjizwa mu gihugu, kuko birimo kuzihombya cyane ntizibone isoko ry’ibyo zikora.
Amakuru dukesha The East African avuga ko TSPA ivuga ko mu gihe igihugu gikomeje kugaragaza igihombo cya toni 80 000 buri mwaka, guverinoma yemerera toni 200,000 kwinjira zivuye mu bindi bihugu.
Ibi ngo ntibigira ingaruka ku (…)

Ishyirahamwe ry’inganda zitunganya isukari muri Tanzania (TSPA: Tanzania Sugar Producers Association), riratabariza icyemezo cya guverinoma yafashe cyo kureka amasukari y’amahanga akinjizwa mu gihugu, kuko birimo kuzihombya cyane ntizibone isoko ry’ibyo zikora.

Amakuru dukesha The East African avuga ko TSPA ivuga ko mu gihe igihugu gikomeje kugaragaza igihombo cya toni 80 000 buri mwaka, guverinoma yemerera toni 200,000 kwinjira zivuye mu bindi bihugu.

Ibi ngo ntibigira ingaruka ku bakora isukari gusa, kuko bita no mu gihombo abahinzi b’ibisheke babarirwa mu bihumbi 10.

TSPA ivuga ko isukari ikenerwa ku isoko rya Tanzania ingana na Toni 400 000 ku mwaka, zo ubwazo zikaba zitanga toni 320 000 bakaba babona isukari yo hanze yakenerwa ari toni ibihumbi 80 gusa.

Raporo ya TSPA iragira iti “Kugira isukari nyinshi yinjizwa ku isoko rya Tanzania, biratuma inganda zo mu gihugu imbere zibika isukari nyinshi yabuze isoko.”

Minisitiri w’ubuhinzi, Ibiribwa n’Amashyirahamwe, Christopher Chiza, ahakana yivuye inyuma ko ntacyo isukari iva mu mahanga itwaye abacuruzi bo mu gihugu imbere.

Chiza ati “Kugeza ubu nta kwijujuta twumva mu baturage bakoresha isukari, kuko dufite ihagije ku isoko kandi ku giciro kibereye buri wese. Ubwo rero, abayikora mu gihugu imbere baritotomba, kuko kwinjiza isukari y’amahanga bibabuza kuzamura ibiciro.”

Abakora isukari bavuga ko aho ari ho hari ikibazo cyane, kuko toni ibihumi 82 basigaye bazigurisha miliyoni 62. 5 z’amadilari ya Amerika.

Bityo, abakozi bibaviramo kwishyura abahinzi b’ibisheke nabi bahita bacika intege zo gukomeza guhinga, kuko ubushobozi bakoresha ni ubwo bakuye mu bisheke bamaze kugurisha.

Inganda zikomeye zikora isukari muri Tanzania Kilombero, TPC Ltd, Mtibwa na Kagera Sugar ziyongeraho izindi ziciriritse ariko zizwi ku rwego rw’igihugu.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages