Ikigo gishinzwe ibyambu muri Tanzania (TPA: Tanzania Ports Authority), cyafashe ingamba ku bakozi bo ku byambu, kuko ntawe uzongera guhabwa amasezerano y’umurimo arengeje imyaka itanu. Ubusanzwe abakozi bo ku byambu bahabwaga amasezerano atagira umupaka.
Nk’uko tubikesha urubuga ippmedia.com, Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ibyambu muri Tanzania, Prof. Joseph Msambichaka, icyo cyemezo cyafashwe kubera ko hari abakozi bashinjwa guharabika icyo kigo.
Akomeza avuga ko itegeko rishya ku mwanya w’Umuyobozi w’icyambu azajya ahabwa amasezerano y’imyaka itanu, iyongerwa ryayo rikazaterwa n’imyitwarire ndetse n’ubushobozi bw’umukozi.
Uburyo bushya bw’amasezerano, Prof. Joseph Msambichaka avuga ko buzazamura uburyo bw’imikorere no kugaragaza icyo abantu bakora mu kigo gishinzwe ibyambu muri Tanzania, kandi nta mukozi uzagaragaza ubushobozi buke uzigera yongererwa amasezerano.



















TANGA IGITEKEREZO