00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Sosiyete Sivile ntiyemeranya na Guverinoma ku by’abanyamahanga mu myigaragambyo

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 6 November 2025 saa 10:30
Yasuwe :

Sosiyete sivile ya Tanzania yasabye Guverinoma y’iki gihugu gutanga ibimenyetso ku byo yatangaje ko imyigaragambyo n’imvururu byabaye mu matora na nyuma yahoo bwagizwemo uruhare n’abanyamahanga.

Ku wa 29 Ukwakira 2025, ni bwo Abanya-Tanzania babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Amatora akiba havutse imyigaravambyo hangizwa ibikorwaremezo bitandukanye bituma nko mu Mujyi wa Dar es Salaam hashyirwaho guma mu rugo.

Abaturage bagaragaza ko amatora atabaye mu mucyo bashinja Samia Suluhu Hassan n’Ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) gufunga benshi mu bo batavuga rumwe barimo Tundu Lissu w’ishyaka CHADEMA na we wahabwaga amahirwe yo gutsinda.

Nubwo habaye imyigaragambyo, amatora yarabaye ndetse Samia Suluhu Hassan bitangazwa ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 97,6%.

Ubwo Perezida Samia Suluhu Hassan yarahiraga kuyobora Tanzania mu muhezo ku wa 3 Ugushyingo 2025, yanenze uru rubyiruko rw’abanyamahanga rwagize uruhare mu myigarambyo gusa yavuze ko agiye kugarura amahoro muri iki gihugu.

Abantu benshi bamaze gutabwa muri yombi barimo abanyamahanga bakekwaho kugira uruhare muri iyi myigaragambyo imaze gusiga abarenga 1000 bahasize ubuzima.

Umuyobozi w’Ikigo giharanira kurengera uburenganzira bwa Muntu muri Tanzania, Fulgence Massiwa, yanenze ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’iki gihugu ko imyigaragambyo yatewe n’abanyamahanga.

Ati “Iyo urebye amashusho agaragaramo abantu bavuga Igisahwili cyo muri Tanzania kandi niba iyi myigarambyo yaraturutse mu mahanga ibyo byagakwiye gufatwa nk’ikibazo cy’umutekano cyangwa kunanirwa kugenzura umutekano w’umupaka w’igihugu. Ibyo rero ni ibintu bahimbye ntabwo aribyo rwose.”

Ku ruhande rw’imiryango y’imbere mu gihugu na yo imaze igihe inenga Leta ya Tanzania ku bikorwa ikomeje gukora byo gufunga abantu bose batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu aho bakunze kubafunga babashinja ibyaha by’iterabwoba.

Ku wa 5 Ugushyingo 2025, Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Chadema, ryatangaje ko Umuyobozi wungirije waryo, yafunzwe na Leta ashinjwa ibyaha by’iterabwoba

Imyigaragamyo muri Tanzania yapfiriyemo abantu bagera ku 1000

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages