00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania yahagaritse ibyo gucumbikira abana mu mashuri abanza

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 6 March 2023 saa 11:17
Yasuwe :

Guverinoma ya Tanzania yafashe umwanzuro wo guhagarika gucumbikira abana biga mu mashuri y’incuke n’abanza, mu rwego rwo gufasha abana kumarana umwanya munini n’imiryango yabo.

Ni umwanzuro uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri uku kwezi kwa gatatu nkuko The Citizen yabitangaje.

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko kugira ngo ikigo cyemererwe gucumbikira abana ku ishuri, kizajya kibanza kubisabira uruhushya hagasuzumwa impamvu zikomeye zituma abana bacumbikirwa.

Hagaragajwe ko gucumbikira abana bato ku mashuri bibagiraho ingaruka mu mikurire, bikazabangamira imitwarire yabo bamaze gukura.

Uyu mwanzuro wafashwe mu rwego rwo gufasha abana kumarana umwanya munini n’imiryango yabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages