00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania yamuritse ubwato buzaba ari bwo bunini muri EAC

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 13 February 2023 saa 04:46
Yasuwe :

Tanzania yamuritse ubwato bwakorewe mu gihugu imbere bugenewe gutwara imizigo n’abagenzi mu Kiyaga cya Victoria, ku cyambu giherereye mu Majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’Umujyi wa Mwanza.

Guverinoma ya Tanzania ivuga ko ubu bwato ari bwo buzaba ari bunini mu Karere k’Ibiyaga Bigari kandi ko bwitezweho kuzana impinduka mu bwikorezi hagati y’ibihugu bihuriye kuri iki kiyaga.

Inkuru ya BBC ivuga ko bufite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 1200 na toni 400 z’imizigo ndetse n’imodoka 20.

Buzuzura butwaye miliyari 109 z’amashilingi ya Tanzania, ni ukuvuga asaga miliyari 46 z’amafaranga y’u Rwanda. Kuri ubu imirimo yo kubwubaka igeze ku kigereranyo cya 82%.

Mu muhango wo kumanura ubwo bwato ku nkombe, Umunyamabanga Uhoraho muri minisiteri y’imirimo n’ubwikorezi muri Tanzania, Gabriel Migire, yavuze ko kubaka ubwo bwato biri muri gahunda yo gufasha guteza imbere ubucuruzi hagati y’uturere dukora ku Kiyaga cya Victoria.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages