Uyu muyobozi yahishuye iyi mibare mu rugendo Minisitiri w’Intebe, Kassim Majaliwa, yagiriye mu gace ka Tanga, aho yarebaga imishinga y’iterambere ihari.
Ummy Mwalimu yavuze ko mu bitaro bya Amana mu Mujyi wa Dar es Salaam harimo abarwayi batatu mu gihe undi murwayi ari kwitabwaho mu bya Mloganzila. Ibindi bice nka Kibaha, Mwanza, Tanga ngo nta murwayi n’umwe bifite ubu, gusa yakomeje gusaba abaturage b’igihugu cye gukurikiza ingamba zo kwirinda iki cyorezo.
Ntiyigeze atangaza muri rusange umubare w’abarwayi bose bari mu gihugu, mu gihe Tanzania ari kimwe mu bihugu bivugwaho kuba bidakurikiza ingamba zo kurwanya iki cyorezo mu buryo buhamye.
Kugeza ubu, imibare y’abantu bamaze kwandura Coronavirus muri Tanzania ni 509 mu gihe 21 aribo bapfuye, naho abakize ni 183. Ni imibare yo ku wa 08 Gicurasi, kuva icyo gihe nta makuru mashya aratangazwa.
Ku rundi ruhande, Guverinoma yafashe ingamba zo koroshya amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo, ku buryo Kaminuza n’amashuri yisumbuye byongeye gufungura imiryango, ariko ku bari mu mwaka wa nyuma.
Mu ntangiriro z’uku kwezi gushize, Perezida Magufuli yanenze ibisubizo bitangwa na Laboratwari Nkuru y’Igihugu ipima Coronavirus, avuga ko hari n’ibipimo byafatiwe ku mapapayi no ku ntama bikagaragaza ko nabyo bifite Coronavirus.
Icyo gihe yasabye ko hakorwa iperereza ku bisubizo byatanzwe, bituma uwari Umuyobozi w’iyo Laboratwari Nyambura Moremi ahagarikwa.
Minisitiri Ummy Mwalimu yashyizeho itsinda ry’abantu icumi rishinzwe kugenzura icyo kibazo, ritegekwa gutangwa raporo ku wa 13 Gicurasi. Iyo raporo yarakozwe ishyikirizwa Minisitiri w’Ubuzima. Ku wa 08 Gicurasi, Minisitiri w’Ubuzima yari yatangaje ko bateganya gusubukura ibikorwa byo kujya batangaza amakuru kuri Coronavirus mu gihugu, mu gihe ngo Laboratwari izaba yasubiye ku murongo.



















TANGA IGITEKEREZO