00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Abakozi 20 bafunzwe bazira gukererwa inama

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 27 November 2015 saa 10:39
Yasuwe :

Paul Makonda uyobora agace ka Kinondoni gaherereye mu mujyi wa Dar es Salaam yasabye polisi gufunga abakozi 20 nyuma yo kuza mu nama bacyererewe kandi nta mpamvu igaragara bafite.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Tanzania yamaganye icyemezo cy’uyu muyobozi cyo gufunga abakozi ba leta bazira gukererwa ku kazi.

Iyi nama yagombaga kuba ku wa gatatu yahise isubikwa yimurirwa ku wa kane ndetse abakozi bose bahagera mbere ho amasaha abiri.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yagaragaje ko idashyigikiye ibyabaye ivuga ko niba umukozi asibye cyangwa agakererwa ku kazi hari amategeko n’amabwiriza agomba gukurikizwa.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko nubwo iyi miryango yagaragaje ko itabishyigikiye, abanyatanzaniya benshi berekanye ko bishimiye ibyakozwe n’uyu muyobozi.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, abaturage bagaragaje ko bishimiye iki cyemezo, dore ko gukererwa no gufata ikiruhuko kinini ari bimwe mu byo abaturage bakenera serivisi mu nzego za leta bakomeje kwinubira.

Ibyakozwe n’uyu muyobozi bishobora kugaragaza ko atangiye gufatira urugero kuri Perezida John Magufuli uzwiho kudashyigikira ibidafite akamaro, ahubwo agakora politiki ifite intego.

Kuva yatorwa mu kwezi gushize, Magufuli amaze gufata ibyemezo bikomeye birimo gukuraho ingendo zitari ngombwa ku bayobozi ndetse no kuvanaho ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwingenge ahubwo abaturage bakitabira ibikorwa by’isuku.

Paul Makonda, umuyobozi wa Kinondoni ari mu biro
Paul Makonda (hagati) n'umuyobozi wa Polisi, Kamilius Wambura (Iburyo)

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages