Tanzania yafashe iki cyemezo cyo kwivana muri iyo gahunda ku mpamvu z’umutekano no kubura ubushobozi.
The EastAfrican yatangaje ko Perezida Magufuli yabitangarije ku wa Gatanu mu nama yagiranye n’abadipolomate bakomeye yabereye mu Mujyi wa Dar es Salaam.
Muri Mutarama, Tanzania yabwiye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR) ko ihagaritse gutanga ubwenegihugu ku mpunzi z’Abarundi ndetse ko igiye kugabanya kwakira ubusabe bushya bw’abashaka ubuhunzi.
Tanzania yakunze gufatwa nka paradizo ku mpunzi cyane cyane izituruka mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida wa Tanzania anenga Umuryango Mpuzamahanga kunanirwa kurekura imfashanyo wijeje icyo gihugu kugira ngo cyinjize impunzi mu baturage ba Tanzania.
Nk’uko HCR ibitangaza, igisubizo kirambye ku mpunzi ku rwego mpuzamahanga, ni ukuzinjiza mu miryango y’ibihugu byazakiriye.
Iyo bigenze gutyo, impunzi ziba zifite uburenzanira ku burezi, uburenganzira bwo gukora mu buryo bwemewe n’amategeko, bakongera ubumenyi bakabasha kwigira bigatuma bagira uruhare mu bukungu bw’ibihugu barimo.



















TANGA IGITEKEREZO