00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tshisekedi yijeje abaturage ko agiye kongera ubushobozi bw’inzego z’umutekano

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 20 January 2024 saa 09:52
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Félix Tshisekedi, yijeje abaturage ko muri manda nshya, umutekano wabo n’ibyabo uzarushaho kubungabungwa ndetse ko inzego zishinzwe umutekano zizarushaho kongererwa ubushobozi.

Yabivuze mu ijambo yavuze ubwo yarahiriraga inshingano muri manda ya kabiri y’imyaka itanu, kuri uyu wa 20 Mutarama 2024.

Amatora ya Perezida muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabaye ku wa 20 Ukuboza 2023, asiga Tshisekedi ari we wegukanye intsinzi ku majwi arenga 73,34%.

Tshisekedi yavuze ko guha agaciro ibyifuzo by’abaturage ari byo byatumye muri manda ye ya mbere hakorwa ibintu bifatika ndetse bizakomeza no muri iyi nshya yarahiriye.

Mu byo azibandaho harimo guhanga imirimo no gufasha urubyiruko ubwarwo kwihangira umurimo, kuzamura ubushobozi bw’ingo bwo guhaha no gukurikirana ubudahungabana bw’ifaranga ry’igihugu.

Yavuze kandi ko umutekano w’abantu n’ibyabo uzarushaho guhabwa agaciro, inzego zishinzwe umutekano zikavugururwa naho dipolomasi igashyirwamo ikibatsi.

Yijeje gukurikirana ubukungu bw’igihugu mu nzego zitandukanye cyane cyane ku buryo bubasha guhatana, hatunganywa umusaruro ukomoka ku buhinzi, bikorewe imbere mu gihugu.

Ibindi ni ibijyanye no kwegereza abaturage serivisi z’ibanze bakenera, kugeza iz’ubuvuzi kuri bose n’uburezi bw’ibanze bugatangwa ku buntu.

Yahamagariye abayobozi mu nzego zitandukanye hamwe n’abaturage bose gukunda igihugu kugira ngo inzozi bafite zo kubona igihugu cyabo cyihagazeho zizabashe kuba impamo.

Umuhango w’irahira rye witabiriwe n’abakuru b’ibihugu bagera kuri 18.

Tshisekedi yijeje abaturage ko muri manda nshya, umutekano wabo n’ibyabo uzarushaho kubungabungwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages