00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tyrese yiyemeje guhuza Gen Muhoozi na Beyoncé yihebeye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 30 August 2026 saa 10:45
Yasuwe :

Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyamerika, Tyrese Gibson, yatangaje ko yiyemeje gufasha Gen. Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, guhura n’umuhanzi w’icyamamare ku Isi, Beyoncé.

Tyrese yabigarutseho nyuma y’uruzinduko yagiriye muri Uganda, aho yagiranye ibiganiro na Gen Muhoozi Kainerugaba, uyobora Ingabo za Uganda (CDF), ku bijyanye n’ubukerarugendo n’ishoramari.

Uyu muhanzi yavuze ko yakiriwe neza ubwo yari ageze muri Uganda, aho yahuye na Gen Muhoozi ndetse n’umuryango we, anavuga ko yamenye byinshi ku bikorwa bye n’ubuyobozi bwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Tyrese yavuze ko yatumiye Gen Muhoozi gusura Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amwizeza ko azagerageza kumuhuza na Beyoncé.

Ati “Nyakubahwa Kainerugaba, ubutumire bwo kuza i Los Angeles mbukugejejeho mbikuye ku mutima. Nimwemera kuza, ndabizeza ko nzakora ibishoboka byose ngo ngerageze kubahuza na mushiki wanjye, igihangange Beyoncé.”

Yakomeje avuga ko “Umutima w’umusirikare wifuza guhura na Beyoncé; reka tugerageze tubigereho.”

Ubutumire bwa Tyrese bwakuruye impaka n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kubera ko Gen Muhoozi yari asanzwe azwiho kugaragaza ko akunda cyane Beyoncé. Mu bihe byashize, amagambo ye amwerekeyeho ndetse no kuvuga ko ashobora kumutwara umugabo we Jay-Z byigeze kuvugisha benshi muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uretse ibiganiro byerekeye Beyoncé, uruzinduko rwa Tyrese muri Uganda rwari rugamije no kureba amahirwe y’ishoramari mu by’ubukerarugendo, amahoteli, restaurant, imyidagaduro, ubucuruzi no guhanga imirimo.

Tyrese yagiranye ibiganiro na Gen Muhoozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages