00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa bwategetse ko Roger Lumbala ushinjwa ibyaha byibasiye inyoko muntu muri RDC afatwa

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 8 November 2023 saa 09:56
Yasuwe :

Umucamanza w’Umufaransa ukora iperereza yategetse ku wa 6 Ugushyingo 2023, yategetse ko Roger Lumbala Tshitenga atabwa muri yombi kubera ibyaha byibasiye inyoko muntu ashinjwa.

Uyu ashinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, ubusahuzi, iyicarubozo n’ibindi bikorwa bya kinyamaswa nko gufata abagore ku ngufu yakoreye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y’umwaka wa 2002 na 2003.

Roger Lumbala agomba kugezwa imbere y’Urukiko rwa Rubanda mu Bufaransa nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa kuri uyu wa 8 Ugushyingo.

Imiryango iharanira ubutabera nka Clooney Foundation for Justice (CFJ), Justice Plus, Minority Rights Group (MRG) na TRIAL International (TRIAL), yatangaje ko iyi izaba ari intambwe itewe mu guha ubutabera abagizweho ingaruka n’ubwicanyi bwakorewe abantu benshi muri RDC.

Roger Lumbala yari amaze igihe akorwaho iperereza ku byaha yakoze yibasira abasivile ubwo yari umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba wa Rassemblement congolais pour la démocratie-National (RCD-N) mu bikorwa byiswe ‘guhanagura ikibaho (effacer le tableau).

Ibi byabayeho mu ntambara ya gisivile yahitanye abatari bake hagati y’umwaka wa 1998 na 2003.

Roger Lumbala Tshitenga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages