Ambasaderi w’u Burusiya muri RDC, Alexey Sentebov yabivuze kuri uyu wa 20 Mata nyuma yo kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’ingabo Jean Pierre Bemba i Kinshasa.
Yagize ati “U Burusiya bwiteguye gutanga inkunga ishoboka yose kuri RDC mu rugamba rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Twifuza kubona ibikorwa by’inyeshyamba bihagarara mu BUrasirazuba bwa Congo kugira ngo amahoro yongere kugaruka hariya.”
Uyu Ambasaderi yavuze ko igihugu cye kigiye kugirana amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na RDC kugira ngo amahoro yongere agaruke mu Burasirazuba bw’igihugu.
Alexey Sentebov yibukije ko hashize umwaka u Burusiya butera inkunga RDC mu by’imbunda n’amasasu FARDC ikoresha muri iki gihe cyane cyane mu ntambara irwana n’imitwe yitwaje intwaro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!