Ike Ekweremadu n’umugore we ndetse n’umuganga wo muri Nigeria bahamijwe icyaha cyo gushaka gucuruza ingingo z’umuntu, nyuma yo kubeshya umwe mu bazunguzayi ko bamuboneye akazi mu Bwongereza kandi bashaka kumuvanamo impyiko yo guha umukobwa wabo wari urwariye mu Bwongereza.
Ubushinjacyaha buvuga ko babeshye uwo muzunguzayi ko bamuboneye akazi mu Bwongereza, birangira yisanze kwa muganga aho bagombaga kumuvanamo impyiko.
Umwe mu baganga bari bagiye kumuvanamo impyiko yaje kubivumbura, arabihagarika ari nabwo uwo muzunguzayi yatorokaga akamara iminsi itatu arara hanze, mbere yo kugeza ikirego cye kuri Polisi.
Gutanga impyiko biremewe mu Bwongereza ariko bigakorwa ku bushake nta mafaranga cyangwa ibindi bihembo uwabikoze yasezeranyijwe.
Umukobwa wa Ekweremadu witwa Sonia ari na we yashakiraga impyiko, aracyari mu bitaro aho afite ikibazo cy’impyiko. Umuzunguzayi bashakaga ko atanga impyiko bari bamusezeranyije amadolari 8800, nubwo batamubwiye icyo bazayamuhera cy’ukuri.
Abanyapolitiki bo muri Nigeria barimo Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria bari bandikiye urukiko barusaba guha imbabazi Ekweremadu, ariko rwarabyirengagije.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!