00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubutumwa Magufuli yasize ahaye Perezida mushya wa Tanzania

Yanditswe na Mutangana Gaspard
Kuya 23 March 2021 saa 03:39
Yasuwe :

Kuri uyu wa Mbere, Perezida Samia Suluhu yahishuye ko hari amagambo yabwiwe na Perezida John Pombe Magufuli, mbere gato y’uko yitaba Imana.

The Citizen yanditse ko mbere y’uko Magufuli yitaba Imana, yasabye Samia gusuzuma imishinga y’ibyo basezeranyije abaturage.

Ni ubutumwa yavugiye i Dodoma kuri uyu wa Mbere, imbere y’ibihumbi by’abari bitabiriye imihango yo gusezera kuri Magufuli uherutse kwitaba Imana azize indwara y’umutima.

Samia yavuze ko Magufuli yamubwiye ati “Ntuterwe ubwoba n’ubuzima bwanjye. Genda usuzume imishinga y’ibyo twasezeranyije abaturage, kandi ubabwire ko mbakunda.”

Samia yavuze ko atewe agahinda no kuba atazongera kuvugana na Magufuli kuri telefone, gusoma ubutumwa bwe no kubona umujyanama mwiza nkawe.

Ubu butumwa bwazamuye amarangamutima mu baturage bari bitabiriye umuhango wo gusezera kuri Perezida Dr John Joseph Pombe Magufuli kuri Jamhuri Stadium mu mujyi wa Dodoma.

Nyakwigendera Perezida Magufuli (iburyo) aganira na Samia Suluhu wahoze ari Visi Perezida

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages