Iki gihano gisimbura icyari cyatanzweho ibitekerezo mbere, aho umuntu ugaragaraho ibikorwa ndengakamere bijyanye n’abaryamana bahuje ibitsina ashobora gufungwa imyaka 10.
Ibikorwa ndengakamere by’abaryamana bahuje ibitsina, bisobanurwa nk’icyaha cyo kuryamana kw’abahuje ibitsina, aho ugikorewe aba ari hagati y’imyaka 14 cyangwa se arengeje imyaka 75. Gisobanurwa kandi nk’igihe ugikorewe aba ari umuntu ufite ubumuga cyangwa se uburwayi bwo mu mutwe cyangwa se afite uburwayi budakira, ari umubyeyi cyangwa se undi muntu ushinzwe kwita ku mwana.
Impinduka mu bihano zashyizweho mu rwego rwo kujyanisha uyu mushinga w’Itegeko n’Itegeko rigena ibihano n’ibyaha.
Nyuma y’aho uyu mushinga wemerejwe, Perezida wa Repubulika afite iminsi 60 yo kuba yawemeje cyangwa se akawusubiza inteko kugira ngo uvugururwe.
Perezida Museveni ntakozwa ibijyanye n’abaryamana bahuje ibitsina, aho avuga ko ari imico y’abanyaburayi baba bashaka kwegeka ku bandi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!