00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Batanu bapfuye mu mpanuka y’imodoka yagonganye n’iy’ikipe ya Uganda Cranes

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 8 December 2015 saa 05:24
Yasuwe :

Ubwo abakinnyi n’abayobozi b’ikipe Uganda Cranes berekezaga mu mujyi wa Kampala bavuye guhura na Perezida Yoweri Museveni ahitwa Soroti, bakoze impanuka ahitwa Jami, Kamonkoli mu Burasirazuba bwa Budaka.

Iyi mpanuka yabaye mu gihe ikipe ya Uganda Cranes n’ubuyobozi bwayo bari bavuye mu birori byo kwishimira instinzi y’igikombe cya CECAFA, mu butumire bwa Perezida w’iki gihugu Yoweri Museveni abashimira uburyo bitwaye neza muri iri rushanwa bakanegukana igikombe ku nshuro ya 14.

Ikinyamakuru Newvision cyo muri iki gihugu dukesha aya makuru kivuga ko imodoka yari itwaye abakinnyi yaje kubura feri ikagongana na tagisi yari itwaye abagenzi maze umunani mu bari muri tagisi barapfa, abakinnyi bane bakomereka byoroheje.

Mu bakinnyi bakomeretse harimo Denis Okot, Hassan Wasswa Dazo na Kezironi Kizito.

Uganda Crane yatsinze amabuvubi y’u Rwanda ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Cecafa Senior Challenge Cup 2015, yaberaga muri Ethiopia kuri iki Cyumweru, ku gitego kimwe cyatsinzwe na Ceaser Okhuti, biba ubwa kane u Rwanda rutsindirwa na Uganda ku mukino wa nyuma.

Uganda Cranes yishimira igikombe cya Cecafa imaze gutsinda u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages