Ibyo Besigye yabivugiye mu Turere twa Oyam na Apac muri icyo gitondo, aho yari ari mu gikorwa cyo kwiyamamaza, asaba abaturage gukomeza kumushyigikira ndetse bakamufasha kuba maso kugira ngo amajwi ye atazibwa. Yagize ati ”Niba ntawe utwibiye amajwi, intsinzi kuyigeraho biroroshye cyane”.
Yakomeje abwira abaturage kandi ko yizeye ko nta ntambara izaba igihe Perezida Museveni azaba atsinzwe amatora, kuko atakwangiza ibyo yubatse, nk’uko The monitor dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Yagize ati ”Mu maza ya mbere, Museveni yararwanaga kuko nta cyo yari afite atakaza. Naho ubu yigwijeho imitungo ku buryo adashobora gushoza intambara. Aramutse atsinzwe, ndumva yakwisubirira mu giturage akiberaho nk’abandi bose.”
Kizza Besigye utavuga rumwe na Leta ya Uganda yatangiye kwiyamamariza kuba perezida ku itariki ya 4 Ugushyingo umwaka ushize, akaba ari ku nshuro ya kane yiyamamarije uyu mwanya. Asigaje kwiyamamariza mu Turere tune mu 112 tugize igihugu cya Uganda.
Amatora y’umukuru w’igihugu muri Uganda ateganyijwe ku itariki 18 Gashyantare 2016.



















TANGA IGITEKEREZO