Uyu mugabo uzwiho kutaripfana, yavuze ko noneho gahunda afite ari iyo gukuraho Perezida mu gihe cya vuba gishoboka.
Ntabwo yigeze asobanura inzira bizacamo ariko yagize ati “Umupangu mfite noneho ubu ni uwo gukura Perezida Museveni ku butegetsi mu gihe kitageze ku kwezi.”
Amashusho NTV yashyize ahagaragara, yerekanye Bobi Wine ageza ijambo ku bamushyigikiye biganjemo urubyiruko, akavuga iyo gahunda ye ashize amanga.
Ibyo abitangaje nyuma y’iminsi itanu gusa yongeye kwemererwa gusohoka mu rugo rwe, kuko kuva amatora yaba abasirikari bamugoteye mu rugo rwe n’umuryango we, ntiyemererwa kuhava cyangwa ngo asurwe kugeza ku wa 25 Mutarama 2021. Abo basirikari bahavuye ku itegeko ryatanzwe n’urukiko rukuru.
Guverinoma ya Uganda ntacyo iratangaza kijyanye n’ayo magambo asa n’ubushotoranyi bw’uwo mudepite watsinzwe amatora y’umukuru w’igihugu akanga kwemera intsinzwi, ahubwo agahamagarira abamushyigiye kutemera ibyayavuyemo ngo kuko yabayemo uburiganya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!