Kuwa Mbere w’iki cyumweru Guverinoma yemeye no kuvugurura umusoro wa 1% acibwa ubikuje kuri telefoni ngendanwa ukagirwa 0.5%. Icyakora yagumishijeho umusoro w’amashilingi 200 acibwa abakoresha imbuga nkoranyambaga ku munsi.
The East African yanditse ko Minisitiri ushinzwe itumanaho, Frank Tumwebaze, yatangaje ko aya mavugurura mu itegeko rigenga imisoro rizagezwa mu nteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kane.
Yagize ati “Niba nohereje amafaranga cyangwa hakabaho ukundi guhererekanya gukozwe mu ikoranabuhanga hishyura ibintu nkenerwa, amafaranga y’ishuri, kwishyura indi serivisi, nta musoro”.
Icyemezo cyo gusoresha abakoresha imbuga nkoranyambaga cyateje umwuka mubi mu gihugu ndetse benshi mu banya-Uganda birara mu mihanda bacyamagana.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane Minisitiri w’Imari, Igenamigambi, iterambere ry’Ubukungu muri Uganda ashyikiriza Inteko Ishinga mategeko, umushinga w’itegeko ukubiyemo amavugurura yakozwe kuri iri tegeko ry’imisoro.



















TANGA IGITEKEREZO