Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu, mu Mujyi wa Kampala mu gace ka Namungona, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye essence yabaye ubwo yafatwaga n’umuriro, abantu barenga 30 bakaba bahasize ubuzima.
Kugeza ubu Polisi itegerejweho gutangaza icyaba cyateye iyi mpanuka n’uyu muriro, ariko itangazo ryavuye muri Perezidansi ya Museveni, riravuga ko aho ari muri Tanzania atangaza ko ababajwe cyane n’urupfu rw’aba bantu.
Mu itangazo dukesha The New Vision, Perezida Musevei aragira ati “Bagenzi banjye ba Uganda, nakiranye agahinda gakomeye iby’urupfu rw’aba bantu bahitanywe n’iyi modoka yafashwe n’inkongi y’umuriro, nifatanyije n’abaganga bari ahabereye ibi byago, ngasaba na Polisi gukaza umurego mu iperereza ikomeje gukora.”



















TANGA IGITEKEREZO