00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda na Kenya ku isonga mu kugira umubare munini wabanduye VIH

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 7 December 2015 saa 07:32
Yasuwe :

Ibihugu Kenya na Uganda byashyizwe ku mwanya wa mbere mu kugira umubare munini w’ubwandu bushya bw’agakoko gatera SIDA muri Afurika y’Iburasirazuba.

Muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, Uganda iri ku mwanya wa gatatu naho Kenya ku mwanya wa kane mu kugira ubwiyongere bw’ubwandu bushya bw’agakoko gatera Sida

Icyegeranyo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) kigaragaza ko n’ubwo ibi bihugu bishyira imbaraga mu kurwanya indwara ya Sida, ubwandu bushya bwo bukomeje kwiyongera cyane mu rubyiruko rufite hagati y’imyaka 15 na 24.

Iki cyegeranyo gikomeza kivuga ko mu gihugu cya Kenya haboneka 21% y’ubwandu bushya bw’agakoko gatera Sida, bugaragara cyane mu bagore ndetse no mu bana bafite hagati y’imyaka 15 na 24 naho mu gihugu cya Uganda hakaba hagaragara 70% by’ubwandu bushya bugaragara cyane mu rubyiruko cyane cyane mu bakobwa bari hagati y’imyaka 18 na 24.

Iki cyegeranyo gishyizwe ahagaragara mu gihe hashize iminsi mike Isi yizihije umunsi wahariwe kurwanya Sida.

Ku rwego rw’Isi, imibare igaragaza ko abantu miliyoni 36,9 babana n’agakoko gatera Sida.

N'ubwo arirwo rwibasiwe, urubyiruko rwahagurukiye kurwanya icyorezo cya Sida muri Kenya na Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages