Icyo kiganiro cyabereye muri Serena Hotel mu Mujyi wa Kampala, cyanyuze kuri amwe mu mashene ya televiziyo yo muri Uganda, bamwe mu bakandida bagaragaje amakosa ndetse n’ibintu bitari byiza ubutegetsi bwa Uganda bukora.
Abajijwe icyo ‘umutekano’ ari cyo, umukandida wigenga, Amama Mbabazi, yasubije agira ati “Umutekano uvuze iki mu gihe abaturage bo mu bwoko bw’aba Karamajongo bari kwicwa n’inzara kubera kubura ibiryo?” Yongeyeho ko muri Uganda, abagore 16 bapfa buri munsi babyara.
Venansius Baryamureeba nawe yagaragaje ko muri Uganda, hari ikibazo mu burezi, mu buzima, ndetse n’umubare munini w’abaturage badafite akazi.
Dr Kiiza Besigye yavuze ko Uganda ari igihugu kidasanzwe kubera ko nta mutegetsi n’umwe urarekura ubutegetsi akareka abandi bakayobora.
Mu gusubiza abo bakandida bahanganye, Museveni yababwiye ko batari bakwiye kuvuga ibyo bitekerereza.
Yagize ati ‘‘Ndi aha kuvuga Uganda, itari ibitekerezo. Niba mushaka guhimba ibitekerezo mu rwego rwo kubona igikombe cyitiriwe Nobel (Nobel Prize), mushobora kuvuga mu buryo mushaka.’’
Yongeye ati ‘‘Ibyo muvuga byose, muvuge Uganda uko imeze ubu, atari uko yakabaye kuba imeze kuko itabibaye.’’
Icyo kiganiro mpaka cya kabiri cyari kiyobowe na Dr. Shaka Ssali, umunyamakuru ku Ijwi rya Amerika (VOA) ; Dr Suzie Muwanga umwarimu muri Kaminuza ya Makerere ndetse na Dr Joel Kibazo ukorera Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, akaba yaranakoze kuri BBC.
Nk’uko yaraye abyitangarije, Perezida Museveni ntiyitabiriye ikiganiro cya mbere bitewe n’uko ngo atari hafi, ndetse ngo yari afite ibibazo ku buryo iki kiganiro gikorwa.
Amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe tariki ya 18 Gashyantare 2016, abakandida umunani ni bo bahatanira uwo mwanya. Abo ni; Vanatius Baryamureeba, Dr Kizza Besigye, Ben Biraaro, Abed Bwanika, Faith Kyalya, Joseph Mabirizi, Amama Mbabazi, na Perezida Yoweri Museveni.



















TANGA IGITEKEREZO