Perezida Museveni yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima yategenyaga gutegura ibitanda 9 000 ariko ko yategetse ko ubushobozi bw’ibyo bitaro bwongerwa bikaba ibihumbi 40.
Perezida Museveni yavuze ko igihugu cyashyizeho uburyo bwo guhangana na Coronavirus n’impfu ziyikomokaho ariko atanga umuburo ko mu gihe abanduye bakomeje kwiyongera n’impfu zishobora kubaho.
Yihanangirije abantu barenga ku mabwiriza yashyizweho arimo iryo guhana intera hagati y’umuntu n’undi igihe bitabiriye gushyingura cyangwa gushyingira.
Yavuze ko guhagarika ikwirakwira ry’icyo cyorezo, abantu bakwiye kwitwararika bakaguma mu ngo igihe cyose nta kintu cy’ingenzi bagiye gukora.
Uganda imaze kugira abantu 741 banduye Coronavirus. Nta muntu n’umwe irahitana naho 486 barayikize.
Stade ya Namboole yahinduwe ibitaro, izwi nka Stade y’Igihugu yitiriwe Mandela yakira abantu 45 202. Yuzuye itwaye miliyoni 36 z’amadolari ya Amerika itahwa ku mugaragaro mu 1997.



















TANGA IGITEKEREZO