Aya matora ntavugwaho rumwe n’abantu batandukanye kubera inenge zagaragajwe, zirimo no gutinda gufungura ku ibiro bimwe na bimwe by’itora, ibintu byanenzwe na zimwe mu ndorerezi ndetse na bamwe mu bakandida, biyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.
Hari abamaze amasaha atandatu bategereje gutora
Nk’uko byari byatangajwe na Komisiyo y’amatora muri Uganda, amatora yagombaga gutangira saa moya za mu gitondo agasozwa saa kumi z’umugoroba ku isaha yo muri Uganda, hagatangira kubarurwa amajwi y’ibyayavuyemo.
Ibyo ariko ntibyubahirijwe ku biro bimwe na bimwe by’itora kuko abaturage bahageze saa moya ariko bikaba ngombwa ko bategereza amasaha atandatu ngo batangire gutora kuko ibiro by’itora byafunguye saa saba biturutse ku kuba ibikoresho byaratinze kuhagera.
Uko gutinda gutangira byatumye havuka umwuka utari mwiza ku buryo hari n’abatangiye kutizera ibizava mu matora, mu gihe hari ibiro by’itora 14 biherereye mu Mujyi wa Kampala na 22 biri mu Karere ka Wakiso bikomeza ibikorwa by’amatora kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gashyantare.
Indorerezi z’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza n’ibyahoze bikoronizwa n’u Bwongereza, CommonWealth, zatangaje ko ubwo bucyererwe atari ubwo kwihanganira.
Kizza Besigye yarongeye atabwa muri yombi
Ku nshuro ya kabiri mu cyumweru kimwe, Kizza Besigye umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, ibyo bikaba byarabaye nyuma yuko yumvise amakuru ko hari ahantu abo mu ishyaka rya NRM bari kwiba amajwi.
Nk’uko umwe mubo mu Ishyaka FDC rya Besigye yabitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, Besigye yaragiye yinjira mu biro by’itora asanga koko hari impapuro z’itora zamaze kuzuzwa bahita bamuta muri yombi,nubwo nyuma yaje kurekurwa.
Abasaga 80 bafunzwe bakekwaho gushaka kuyobya abaturage
Ahagana ku gasusuruko ku munsi w’ejo, Polisi yo muri Uganda yataye muri yombi abantu 80 mu gace ka Bamukade muri Kirehe, aho basanzwe bari gutanga isukari, umunyu, ifu n’amafaranga kugira ngo bigarurire imitima y’abari gutora.
Umuyobozi wa Polisi mu Burasirazuba bwa Kampala, Siraje Bakaleke, yatangaje ko abo batawe muri yombi bashinjwa gutanga ruswa, kwitwaza intwaro zikomeye no kurema udutsiko tugamije guteza imvururu mu matora yo muri Uganda. Ni mu gihe 13 bo mu gace Rakai batawe muri yombi bashinjwa ibyaha nk’ibyo.
Imbuga nkoranyambaga, uburyo bwo kohererezanya amafaranga byarafunzwe
Ikindi kidasanzwe cyaranze amatora muri Uganda, ni uko Leta yafashe umwanzuro wo gufunga imbuga nkoranyambaga zirimo facebook, Twitter na Whatsapp.
Museveni yavuze ko bafashe umwanzuro wo kuzifunga mu rwego rwo kubuza abantu gutangaza ibinyoma.
Kuzifunga ariko ntibyabujije abantu barimo Amama Mbabazi, umwe mu bakandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu kuzikoresha bifashishije ihuzanzira ritagaragara (Virtual Private Network) ryatumaga bagaragara nk’abari gukoresha internet batari muri Uganda.
Si izo mbuga zonyine zahagaritswe gukora kuko hanafunzwe uburyo bwo kohererezanya amafaranga hakoreshejwe telefoni igendanwa.
Kwemerera abantu gutora batari kuri lisiti z’itora
Andi makuru aturuka muri Uganda aravuga ko hari abantu bagiye bemererwa gutora kandi batarigeze basohoka kuri lisiti y’itora.
Hari n’ahandi mu gace ka Ggaba hagaragaraye impapuro z’itora zamaze kuzuzwa mu rwego rwo guha Perezida Museveni amahirwe yo gutsinda.
Hari kandi n’aho abasirikare n’abapolisi bashyirwa mu majwi ku kuba baragerageje kwiba amajwi, aho hari nk’ifoto y’umusirkare wa Uganda ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga asa n’ushaka gucikana agasunduku k’amajwi, abaturage nabo bakamubera ibamba.



















TANGA IGITEKEREZO