00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umuforomokazi yahagaritswe mu kazi azira kuganyira Besigye ibibazo by’ibitaro

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 11 December 2015 saa 01:09
Yasuwe :

Adong Santina, umuforomokazi mu bitaro bya Abim biherereye mu majyaruguru ya Uganda yahagaritswe mu kazi nyuma yo kugaragara kuri televiziyo asobanurira Kizza Besigye, bimwe mu bibazo byugarije ivuriro ahagarariye.

Mu mashusho yagaragaye kuri televiziyo yakurikiranaga ibikorwa byo kwiyamamaza, Adong Santina yabwiye Kizza Besigye ko ibi bitaro bimaze igihe kirekire nta baganga b’inzobere bifite, maze undi muforomo amwunganira avuga ko bamaze igihe badafite amazi ndetse n’umuriro.

BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ko Moses Kaziba Nandhala, umuyobozi mukuru w’ibitaro yahise yandika ibaruwa kuri uyu wa wa 5 Ukuboza, ihagarika mu kazi uhagarariye abaforomo, Adong Santina, amushinja gutatira amahame agenga umwuga w’abaganga no kumena ibanga ry’akazi ndetse no kwivanga mu bikorwa bya politiki.

Moses Kaziba, yahagaritse uyu muforomokazi, mu gihe uyu mugabo yakomeje gutungwa agatoki ashinjwa kurigisa amafaranga atari make, aho muri Mata uyu mwaka, Inteko Ishinga Amategeko muri iki gihugu yasabye Moses kwerekana irengero ry’amadorali 250,000, ni ukuvuga asaga miliyoni 180 mu mafaranga y’u Rwanda yari yaratanzwe mu kwita no kuvugurura ibitaro.

Besigye w’imyaka 59 wigeze kuba umuganga wihariye wa Perezida Yoweli Museveni n’umujyanama mu bya Politiki, kuri ubu utavuga rumwe na Leta ya Uganda, ku nshuro ya kane ari kwiyamamariza kuba perezida mu matora ateganyijwe kuzaba umwaka wa 2016.

Adong Santina wambaye umupira utukura, yereka Kizza Besigye, ibibazo biri mu bitaro
Kizza Besigye aganiriza umurwayi mu bitaro Abim

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .