Iki cyaha Namuganza yagikoreye mu gace ka Kamuli gaherereye mu burasirazuba bwa Uganda, mu byumweru bitatu bishize. Yari yarahungiye mu karere ka Namutumba, kwa mukuru we.
Uyu mugore ubwo yafatwaga, yajyanywe kuri sitasiyo ya Polisi mu kugira ngo ahatwe ibibazo. Yasabye imbabazi, asobanura ko imyuka mibi ari yo yamukoresheje aya mahano.
Umuvugizi wa Polisi mu gice cya Busoga, Micheal Kasadha, yavuze ko kugira ngo Namuganza afatwe byaciye mu baturage batanze amakuru kandi ko hifashishijwe ikoranabuhanga mu kumenya icyerekezo aherereyemo.
Kasadha yatangaje ko Namuganza agomba kugezwa mu rukiko. Usibye icyaha cyo kugerageza kwica, akurikiranyweho n’ikindi cy’ubujura.
Umugabo we w’imyaka 45 y’amavuko, Moses Kawubanya, yagaragaje ko yifuza kumva Namuganza akatirwa igifungo cya burundu kuko ngo yamuteye igikomere kitazasibangana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!