Ishyaka ‘Jubilee’ ryo muri Kenya ryahoze ku butegetsi kuva mu 2016 kugeza ku wa 13 Nzeri 2022. Ni ishyaka ryashinzwe muri Nzeri 2016 nyuma yo kwihuza kw’amashyaka mato 11.
Kenyatta yavuze ko mbere yari yavuze ko azava muri politiki akajya mu bindi bikorwa ariko yiyemeje kuyigumamo nubwo atorohewe n’abamushyiraho igitutu.
Yavuze ko azakomeza kuyobora ’Jubilee Party’ kugeza ubwo abarwanashyaka bazamusaba kuvaho.
Agaruka ku byo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro, Kenyatta yavuze ko yatunguwe n’ibitutsi n’amagambo yo kumwubahuka.
Yagaragaje uburyo agatsiko k’abantu bishyuriwe kujya mu rwuri rwe bakamwiba ihene mu rwego rwo kumutera ubwoba ariko ko Jubilee ifite bene yo kandi ko afite ubushake bwo gukomeza kuyikorera.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!