00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uhuru Kenyatta yongeye gusaba imitwe irwanira muri RDC gushyira intwaro hasi

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 12 July 2023 saa 11:38
Yasuwe :

Umuhuza mu biganiro by’amahoro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe iyirwanya, Uhuru Kenyatta yasabye imitwe yose yitwaje intwaro mu Burasirazuba bw’icyo gihugu kuzishyira hasi mbere yo kwinjira mu biganiro.

Yabivuze kuri uyu wa Gatatu ubwo yari mu mujyi wa Goma ahabereye ibiganiro hagati ye n’abayobozi ba Congo, abahagarariye ingabo za Loni ziri mu butumwa mu Burasirazuba bwa Congo (Monusco) n’abandi.

Ni inama yari ihurije hamwe itsinda tekiniki rishinzwe gutegura ibiganiro bya Nairobi bihuza Leta ya Congo n’imitwe iyirwanya.

Radio Okapi yatangaje ko Kenyatta yasabye impande zose gushyira hasi intwaro no guhagarika imirwano, kugira ngo bafashe abaturage ba Congo kuba mu mahoro.

Yavuze ko ibiganiro bikwiriye kubanzirizwa no gushyira intwaro hasi kugira ngo umusaruro ubyitezwemo uboneke.

Muri iyi nama icyari giteganyijwe ni ukwigira hamwe ibimaze kugerwaho mu myanzuro yafashwe tariki 30 Werurwe uyu mwaka i Nairobi, ari naho hanzuwe ko M23 irambika intwaro hasi ikajyana mu kigo mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe.

M23 iherutse gutangaza ko idashobora kwemera kujya mu kigo cya Rumangabo yasabwe kwerekezamo mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe, kuko iyo myanzuro yagiye ifatwa nta ruhare yabigizemo.

Leta ya Congo imaze guhura inshuro ebyiri n’imitwe iyirwanya mu biganiro bya Nairobi ariko yanze ko M23 yitabira kuko ivuga ko itazigera iganira n’uwo mutwe.

M23 nayo yavuze ko itazemera imyanzuro yose iyifatirwa itabigizemo uruhare mu gihe cyose Leta ya Congo izaba igitsimbaraye ku kuyiheza mu biganiro.

Kenyatta yasabye imitwe irwanira muri Congo kurambika intwaro hasi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages