Nk’uko Actualité yabitangaje, Mwando tariki ya 24 Ukuboza 2023 yagize ati “Ndasaba abantu bose ba Grand-Katanga guhaguruka, bakitegura urugamba, bakitegura gutanga igitambo cy’ikirenga kubera ko ntabwo tuzibwa intsinzi yacu.”
Uyu munyapolitiki wabaye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe igenamigambi, yasobanuye ko uru rugamba atari Katumbi n’abandi bashyigikiye kandidatire ye bazishimira kurutsinda, ahubwo ko izaba ari intsinzi ya bose.
Mwando yagize ati “Kandi ntabwo uru rugamba ari Moïse Katumbi, Matata Ponyo, Franck Diongo, Seth Kikuni bazaba barutsinze bonyine, kuko buri Munye-Congo azarurwana. Ni yo mpamvu dusaba buri muturage kwitegura. Ejo hazaba ari umunsi w’urugamba kubera ko ntabwo twakwibwa intsinzi ngo tubyemere.”
Yakomeje avuga ko uru rugamba ruzatangira ubwo Katumbi azaba amaze gutanga ibwiriza. Ati “Dutegereje ijambo rya komanda wacu uzatuvugisha. Mukanguke, ntimusinzire, murwanye ubujura n’akarengane. Kadima (uyobora komisiyo y’amatora) arashaka kutwibira intsinzi.”
Amajwi 3.220.536 amaze gutangazwa kugeza mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Ukuboza, agaragaza ko Tshisekedi yatowe ku ijanisha (%) rya 78,80, agakurikirwa na Katumbi ufite 17,30%. Ni umusaruro ukomeje kwamaganwa n’abakandida batandukanye bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu, bamwe muri bo basabye ko amatora asubirwamo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!