00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC yashinje abasirikare be ubugambanyi

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 17 June 2023 saa 08:47
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo, Gen Maj Christian Tshiwewe Songesha, yavuze ko benshi mu basirikare ayoboye ari abagambanyi, bakorana n’umwanzi kugira ngo bagirire nabi igihugu.

Yabitangaje muri iki Cyumweru ubwo yaganirizaga ingabo, agamije kuzongerera akanyabugabo mu gihe igihugu kimaze umwaka gihanganye n’inyeshyamba za M23.

Tshiwewe yavuze ko agiye gukora ibishoboka byose igisirikare akagikiza abo bagambanyi.

Ati “Abagambanyi bari hano, ngiye kubahagurukira, tugiye kubashyingura vuba aha kuko Imana ntibera. Mwifashisha ibyo mwahawe n’igisirikare, mukambara impuzankano zacu ariko mumenye ko buri kintu cyose kigira igihe cyayo.”

Tshiwewe yavuze ko ubugambanyi bukabije mu gisirikare ku buryo hari n’ibyo bapanga, bugacya byageze mu bo barwana nabo.

Uyu muyobozi kandi yavuze ko bafite ikibazo cy’abasirikare babaye abanyapolitiki, aho gushyira umutima ku kazi kabo ko kurinda ubusugire bw’igihugu.

Tshiwewe yavuze ko agiye gukora ibishoboka byose igisirikare akagikiza abagambanyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages