Ibi Gen Muhoozi yabitangaje kuri uyu wa 21 Nyakanga 2025, abinyujije mu butumwa yashyize kuri konti ye ya X.
Yavuze ko yishimiye ko umuhungu we amusanze mu gisirikare cya Uganda.
Yagize ati “Nishimye by’ikirenga kubatangariza ko mu gihe cy’imyaka 31 maze mu gisirikare cya Uganda ndindwa n’Imana, ubu Imana yongeye gukora ibitangaza iha umuryango wa Museveni umusirikare mushya akaba ari Ruhamya Kainerugaba.”
Yakomeje ashimira Imana ko yamurinze muri iki gihe cyose amaze mu gisirikare ndetse ayisaba no kuzarinda umuhungu we muri iki gisirikare cya Uganda.
Gen Muhoozi yatangaje ko umuhungu we yinjiranye mu gisirikare ipeti rya ‘Private’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!