Duduzane w’imyaka 34 ashinjwa ko yaba yaragize uruhare mu mugambi wo guha ruswa uwahoze ari minisitiri w’imari wungirije, Mcebisi Jonas, kugira ngo yemere umwanya ukomeye muri guverinoma.
Ibyo birego byose bifite aho bihuriye n’ibikorwa by’umuryango w’abaherwe ba Gupta, washinjwe kenshi kuba inyuma y’ibyemezo bimwe bya Zuma wegujwe muri Gashyantare nka Perezida wa Afurika y’Epfo.
Nk’uko BBC yabitangaje, mu mwaka wa 2015 nibwo Mcebisi Jonas yavuze ko yahawe umwanya wa Minisitiri w’Imari, yongeweho ruswa ya miliyoni 600 z’ama-rand akoreshwa muri Afurika y’Epfo, angana na miliyoni 44$, mu nama yahuriyemo na Duduzane Zuma, umucuruzi Fana Hlongwane na Ajay Gupta.
Ibirego bishingiye ku buryo ngo iyo Jonas yemera umwanya wa minisitiri w’imari, yagombaga gushyira imbere inyungu z’umuryango w’aba Gupta mu bucuruzi, ibintu bamwe bafata nko kwigarurira ubutegetsi. Abaregwa baburanye bahakana ibyaha.
Muri Gashyantare ni bwo Jacob Zuma yegujwe nyuma y’igitutu yashyizweho n’ishyaka rye ANC, kubera ibirego bitandukanye bya ruswa birimo n’imikoranire n’uyu muryango wa Gupta.
Uru rubanza rwasubitswe, rukaba ruzasubukurwa tariki 19 Mutarama 2019. Duduzane yasabwe gutanga ingwate ingana n’ama-rand 100,000 kugira ngo yemererwe kuburana ari hanze, anategekwa gutanga ibyangombwa by’inzira mu gihe urubanza rukiburanishwa.
Duduzane Zuma yabaga i Dubai, yari yagiye muri Afurika y’Epfo agiye gushyingura umuvandimwe we, Vusi Nhlakanipho Zuma, witabye Imana mu cyumweru gishize azize uburwayi.



















TANGA IGITEKEREZO