00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukobwa wa Perezida Museveni yatandukanye n’umugabo we

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 11 March 2024 saa 02:42
Yasuwe :

Diana Museveni Kyaremera, umwe mu bakobwa ba Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we, Geoffrey Kamuntu.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, icyakora gatanya yo yabaye mu mwaka wa 2022.

Yagize ati “Nagerageje guhisha amakuru ajyanye na gatanya yanjye kubera umutekano w’abana banjye. Icyakora igihe kirageze ngo mbisobanure.”

Mu mwaka wa 2022 nibwo Diana yanditse asaba ikigo gishinzwe irangamimerere muri Uganda, ngo izina ‘Kamuntu’ rive mu mazina ye.

Muri Nzeri uwo mwaka byarahinduwe, agumana amazina ye Diana Museveni Kyaremera.

Diana ni bucura bwa Perezida Museveni. Yarushinze na Kamuntu tariki 24 Nyakanga 2004.

We na Kamuntu bari bafitanye abana batatu, abahungu babiri n’umukobwa umwe.

Diana yatandukanye n'umugabo we Kamuntu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages