Muri uyu mujyi no mu nkengero haheruka kubera imirwano tariki ya 13 Gashyantare, ubwo abarwanyi ba M23 bageragezaga kuwinjiramo, ariko bakaza gusohokamo bitewe n’ibisasu byaraswaga n’ingabo za RDC hamwe n’izizifasha.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurinda amahoro, kuri uyu wa 14 Gashyantare ryatangaje ko abasirikare ba misiyo y’amahoro, MONUSCO, bari gufasha Ingabo za RDC muri iyi ntambara, bakanarinda abasivili n’umuhanda uhuza Sake na Goma.
Ryagize riti “Ikibazo kiracyakomeye hagati ya M23 na FARDC muri Kivu y’Amajyaruguru. MONUSCO ikomeje gufasha Ingabo za RDC no kurinda abasivili, yongera abasirikare ku muhanda wa Goma-Sake.”
Mu gihe muri Sake hiriwe hatuje, imirwano yumvikanye hafi y’agace ka Shasha kegereye ikiyaga cya Kivu, ku muhanda uhuza Sake na Minova. Ingabo za RDC zashakaga gufungura uyu muhanda umaze iminsi ufunzwe, ariko ntabwo zabigezeho.
Olivier Munguiko uhagarariye sosiyete sivili ikorera i Sake yahamirije Actualité aya makuru, agira ati “Imirwano yabereye ku muhanda wa Shasha, Kirotshe na Kiluku. FARDC ni yo yagabye igitero, igamije gufungura umuhanda wa RN2.”
Nubwo i Sake hiriwe agahenge, ubuzima bw’uyu mujyi busa n’ubwahagaze kuko inzira ziwuhuza n’ibindi bice zarafunzwe, keretse umuhanda ujya i Goma. Zari zisanzwe zoroshya ubuhahirane.
Uyu mujyi birasa n’aho nta baturage bakiwurimo nk’uko byemejwe n’Umuyobozi wayo, Maombi Mubiri, mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Abenshi bahungiye i Goma, abandi berekeza i Mweso babifashijwemo n’ingabo za MONUSCO.
Kugeza kuri uyu wa 14 Gashyantare, abasirikare ba RDC, aba MONUSCO, SADC n’abagize ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ryiyise Wazalendo, ni bo bari muri Sake. M23 iri mu misozi ikikije uyu mujyi.
Tariki ya 13 Gashyantare, Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko uyu mutwe ufite gahunda yo gufata Sake kuko wifashishwa mu kugaba ibitero ku birindiro byayo no ku basivili. Yasabye abaturage kudahunga, abasezeranya “kubohorwa”.
MONUSCO yarahiriye kutemerera M23 gufata Sake na Goma, yizeza ingabo za RDC gukomeza kuzifashiriza muri ‘Opération Springbok’. Minisitiri w’Ingabo, Jean Pierre Bemba, yongereyeho ko n’ingabo za SADC zamaze kwinjira muri iyi ntambara.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!