Nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, ibi biri mu rwandiko rwahawe umunyamategeko wa Katumbi ku wa 29 Kanama 2018, Me Éric Dupond-Moretti.
Rurimo igika kivuga ko “Kinshasa isabwa gufata ingingo zose zishoboka ngo Moïse Katumbi ashobore kugaruka mu gihugu cye, RDC.”
Uru rwandiko rwa Loni ruje nyuma y’ibyumweru bine Katumbi wahejejwe mu buhungiro hanze y’igihugu, agerageje kwinjira ku butaka bwa RDC inshuro zigera kuri ebyiri, ariko bikananirana.
Mu ntangiriro za Kanama, Katumbi yagerageje kwinjirira ku mupaka wa Kasumbalesa uhuza RDC na Zambia biba iby’ubusa.
Moïse Katumbi yari yatanzwe nk’umukandida w’Ubumwe bw’amashyaka aharanira impinduka muri RDC mu matora ya Perezida ategerejwe kuba kuwa 23 Ukuboza 2018, gusa kubera guhezwa hanze, ntiyashoboye gutanga kanditatire ye.
Mu rwego rwo kwamagana ibangamirwa akorerwa na Leta ya Congo, mu ntangiriro za Kamena umwaka ushize, Katumbi yari yatanze ikirego mu Kanama ka Loni gashinzwe ikiremwa muntu, i Genève.
Mu kirego cye, Katumbi yasabaga ko Loni yashyira igitutu kuri Leta ya RDC ikamureka agasubira mu gihugu cye, ndetse akaniyamamariza kukiyobora.
Kugeza ubu itahuka rya Katumbi ryabaye agatereranzamba, amezi 15 arihiritse atarakandagiza ikirenge muri Congo.
Mu byaha Leta ya Congo imushinja harimo ko akurikiranyweho kubangamira umutekano n’ituze by’igihugu, ndetse akaba yarahamwe n’uburiganya mu kwigarurira imitungo itimukanwa ya rubanda.
Minisitiri w’Ubutabera muri RDC aherutse gutangaza ko Katumbi akojeje ikirenge muri RDC yahita atabwa muri yombi nta kabuza.
Gusa Jeune Afrique ntiyashoboye kuvugana na Minsitiri w’Ubutabera muri RDC Alexis Tambwe Mwamba uri mu rugendo hanze y’igihugu, ngo agire icyo avuga kuri ubu busabe bw’Umuryango w’Abibumbye.



















TANGA IGITEKEREZO