Amazina y’abo bayobozi bafatiwe ibihano biteganyijwe ko atangazwa mu gihe kiri imbere.
Ku rundi ruhande kandi, aka kanama kafashe icyemezo cyo kohereza abashinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu n’umutekano 100 b’inyongera mu Burundi.
Ku rubuga rwa Twitter akanama k’amahoro n’umutekano ka Afurika Yunze Ubumwe kasabye uyu muryango kwihutisha ibikorwa birebana no gutegura iyoherezwa ry’umutwe w’ingabo zibungabunga amahoro muri iki gihugu.
Imvururu n’ubwicanyi bikomeje kugaragara mu Burundi imbarutso yabyo yabaye guhatanira manda ya gatatu kwa Pierre Nkurunziza mu gihe hari benshi mu baturage batari bakimukeneye. Kuva yatangira kuyobora iki gihugu muri manda ya gatatu, hamaze kwicwa abantu batari bacye mu bugizi bwa nabi buri ku yindi ntera hose mu gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO