00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tanzania: Umuyobozi w’ishyaka ACT Wazalendo ritavuga rumwe n’ubutegetsi yatawe muri yombi

Yanditswe na Habimana James
Kuya 24 June 2020 saa 10:03
Yasuwe :

Kuri uyu wa kabiri, umuyobozi w’ishyaka ACT Wazalendo ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Zitto Kabwe n’abandi umunani, batawe muri yombi bazira guterana mu buryo butemewe n’amategeko.

Iri shyaka ryo rirashinja guverinoma kubakandamiza mbere y’amatora y’umukuru w’igihugu azaba mu Ukwakira uyu mwaka.

Visi perezida w’iri shyaka, Dowe rothy Semu yavuze ko aba bantu batawe muri yombi mu karere ka Kilwa mu Burengerazuba bwa Tanzania, ubwo bari bagiye mu nama yabo yihariye.

Yavuze ko “Ibi ni ibikorwa by’igitugu kandi bigamije gutera ubwoba, Polisi yarogoye inama ihitamo no guta muri yombi abanyamuryango ba ACT Wazalendo bakoraga ibyuharije amategeko.”

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko polisi itabonetse ngo igire icyo ivuga kuri iki kibazo.

Mu kwezi gushize, Kabwe yahamwe n’icyaha cyo kwigomeka nyuma yo gusanga yarabeshye avuga ko hari abantu bagera ku 100 biciwe mu karere yavukiyemo mu 2018, mu mirwano yabaye hagati y’abashumba n’abapolisi.

Yarekuwe nta gihano ahawe ariko asabwa kwirinda kuvuga cyangwa kwandika ikintu icyo ari cyo cyose cyatuma afungwa umwaka umwe. Kabwe yari yahakanye icyaha kandi abamwunganira bavuga ko bazajurira.

Perezida John Magufuli ushobora kwiyamamariza manda ya kabiri ikaba n’iya nyuma y’imyaka itanu, aherutse kandi gusesa inteko ishinga amategeko mu cyumweru gishize mbere y’amatora.

Kugeza ubu kandi guverinoma yambuye uruhushya ikinyamakuru, Tanzania Daima gishingiye ku batavuga rumwe n’ubutegetsi, gishinjwa ko abanyamakuru bacyo bagaragaje imyitwarire mibi no kurenga ku mahame ya kinyamwuga no gukwiza ibihuha.

Umwe mu bayobozi muri leta yavuze ko iki kinyamakuru cyakiriye amabaruwa 10 akiburira, gusa ntiyavuga byinshi ku byaha kiregwa. Yavuze ko iki kinyamakuru gifite iminsi 30 yo kujurira, cyangwa gishobora gusaba uruhushya rushya.

Zitto Kabwe yatawe muri yombi ashinjwa gukora inama mu buryo butemewe n'amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages