Iyi mihango yabaye intambwe mu kwimika umwami mushya nyuma y’itanga ry’Umwami Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV.
Muri uyu muhango, Umwami Edward yari aherekejwe na Omusuuga Kamurasi, abakuru b’umuryango w’Ababito ndetse n’abandi bagize umuryango w’ibwami. Aba bose bagize uruhare mu mihango gakondo ikorwa mu gihe cyo kwimika umwami mushya.
Uyu muhango wabaye nyuma y’uko Umwami Oyo atabarijwe i Fort Portal, nyuma y’igihe cyari gishize bari mu cyunamo, hagatangira urugendo ku gushyiraho umusimbura.
Iyi mihango yagaragaje kandi ko Umwami Edward Rukidi Nyabongo I yiyemeje gukomeza gukorana n’inzego ndangamuco za Tooro, mu gihe umuryango w’Ababito utangiye icyiciro gishya nyuma y’ubutegetsi bw’imyaka 30 bw’Umwami Oyo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Uganda, Balaam Barugahara Ateenyi, na we yitabiriye uyu muhango.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!