Byabaye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 19 Gicurasi 2026, aho basuye ibice bitandukanye bigize Urwibutso rwa Jenoside rwa Kiziguro ruri mu Karere ka Gatsibo banasobanurirwa amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Winner Rwanda yashyikirije kandi umuturage witwa Kabengera François utuye mu Murenge wa Murambi wo muri aka Karere, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, inzu nshya yo guturamo n’inka yo korora.
Umuyobozi Mukuru wa Winner Rwanda, Shaul Hatzir, yavuze ko mu ntego bafite harimo gushyigikira umuryango Nyarwanda, abafite ubushobozi buke na bo bakabasha kwiteza imbere.
Ati “Umwe mu mishinga yacu, ukaba umwe mu ntego zanjye ni ugushyigikira umuryango Nyarwanda. By’umwihariko hano turi muri Gatsibo, twabonye abarokotse Jenoside bakeneye aho kuba, twemeza ko tububakira amazu mashya tukabaha n’inka kugira ngo biteze imbere.”
Kabengera wahawe inzu, yavuze ko yabagaho acumbikiwe kubera ko atari afite aho aba. Yongeyeho ati “Ubuzima narimo, aho batangiye kubakira iyi nzu nagize icyizere, ntangira kugira umurongo. Bigiye kumfasha mu iterambere ryanjye. Ndabashima.”
Meya w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yashimiye Winner Rwanda kuri iki gikorwa yakoze, asaba n’abandi bikorera kugira uruhare mu iterambere ry’Abanyarwanda.
Ati “Ni ukubashimira ko babaye abafatanyabikorwa beza kandi tunasaba abagira ibibinjiriza mu Karere kacu ko bakumva umuhamagaro bakaza tugafatanya mu iterambere ry’igihugu.”
Mu myaka itatu imaze ikorera mu Rwanda, Winner Rwanda imaze kuhagira amaduka arenga 150 akora ibijyanye n’imikino y’amahirwe, urubuga rwa winner.rw na USSD *899#.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!