Iyi shene yitwaga ‘Emmanuel Tv’ yashyirwagaho ibitangaza byabaga byabereye mu rusengero rwa SCOAN (Synagogue Church Of All Nations), rwatangijwe na TB Joshua wamamaye nk’umuhanuzi ukomeye muri Afurika.
Iyi shene ifunzwe nyuma y’icyegeranyo cyakozwe na BBC kigaragaza ko uyu mugabo wapfuye mu 2021, yakoze ibyaha birimo gusambanya abayoboke be no kubakorera iyicarubozo.
Emmanuel Tv yari ifite abayikurikira barenga ibihumbi 500 iyi ni inshuro ya kabiri ifunzwe mu myaka itatu ishize. Abantu bagiye bagaragaza ko amashusho ashyirwaho abantu bakorerwaho ibitangaza atubahiriza uburenganzira bwa muntu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!