Komisiyo y’Amatora yatangaje ko nyuma yo kubarura amajwi mu turere turenga kimwe cya kabiri, Hichilema afite hafi 59% by’amajwi.
Brian Mundubile wo mu Ishyaka National Reconciliation Party for Unity and Prosperity, NRPUP, yari afite hafi kimwe cya gatatu cy’amajwi, mu gihe umukandida agomba kurenza 50% kugira ngo hatabaho icyiciro cya kabiri cy’amatora.
Ibarura ry’amajwi ryigeze guhagarikwa amasaha agera kuri atandatu kubera ibikorwa by’urugomo byibasiye abakozi b’itora. Ku munsi w’amatora, umukozi w’imyaka 57 wari uhagarariye umukandida ku biro by’itora yiciwe hafi ya Lusaka, Polisi ita muri yombi abantu icyenda bakekwaho uruhare mu rupfu rwe.
NRPUP kandi yavuze ko abantu bitwaje intwaro binjiye mu rugo rwa Mundubile i Lusaka barasa, bakomeretsa umudepite ndetse bashimuta abantu benshi.
Indorerezi z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi zavuze ko amatora yagaragaje uguhangana gukomeye ariko bagaragaza ko Hichilema afite amahirwe arenze ay’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!