00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zambia: Perezida agomba koherezwa mu mahanga kubagwa umuhogo

Yanditswe na

Mathias Hitimana

Kuya 9 March 2015 saa 08:58
Yasuwe :

Abaganga ba Perezida Edgar Lungu wa Zambia batangaje ko agomba koherezwa mu bitaro byo mu mahanga kubagwa umuhogo kuko ubuvuzi akeneye atabubona muri icyo gihugu, n’ubwo mbere bari batangaje ko arwaye malaria.

Perezida Lungu yaguye igihumure ubwo yari mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore kuwa 8 Werurwe 2015, ahita ajyanwa mu bitaro bya gisirikare biri i Lusaka mu murwa mukuru wa Zambia.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko hatahise hatangazwa aho yaba azoherezwa kuvurirwa.

Ibiro bya Perezida wa Zambia byatangaje ko hashize imyaka 30 Perezida Lungu agize ikibazo cy’inzira y’igogora, aravurwa ariko byari byizewe ko yakize.

Edgar Lungu yari Minisitiri w’Ingabo. Yagiye ku butegetsi muri Mutarama 2015 kurangiza manda ya Perezida Michael Sata watabarutse, igomba kurangira mu 2016.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages