00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zambia: Perezida Hakainde Hichilema yatsinze amatora

Yanditswe na Singirankabo Félix
Kuya 18 August 2026 saa 10:57
Yasuwe :

Komisiyo y’Amatora muri Zambia yatangaje ko Perezida Hakainde Hichilema ari we watsinze amatora agize amajwi 60%.

Mu rukerera rwo ku 18 Kanama 2026, komisiyo y’igihugu y’amatora ya Zambie yatangaje ko Perezida Hakainde Hichilema w’imyaka 64 y’amavuko yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu mu myaka itanu iri imbere.

President Hakainde Hichilema yari ahanganye cyane na Brian Mundubile wagize amajwi 38 ku ijana. Abatavuga rumwe n’ubutegetetsi ndetse na sosiyete civile muri iki gihugu bashinja ishyaka rya Perezida Hakainde Hichilema United Party for National Development (UPND) kuniga urubuga rwa Politike.

Mundubile yari yabaje kuvuga ko ari we watsinze amatora nubwo nta bimenyetso yagaragaje bishyigikira ibyo yatangaje.

Kuva mu 1991 ubwo hatangiraga kugaragara imikorere ishingiye ku mashyaka menshi, hagiye habaho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro binyuze mu matora.

Perezida Hakainde Hichilema yatsinze amatora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages