00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Abahinzi bagizweho ingaruka n’ubutegetsi bwa Mugabe bagiye guhabwa indishyi

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 8 October 2024 saa 12:14
Yasuwe :

Guverinoma ya Zimbabwe yiyemeje gutanga impozamarira ya miliyoni 18 z’amayero, agamije gufasha abahinzi bagizweho ingaruka na politiki yo kwambura ubutaka abazungu yashyizwe mu bikorwa kubwa Robert Mugabe wahoze ayobora icyo gihugu.

Ni politiki Mugabe yari yaratangije igamije guca icyo yise akarengane kakozwe n’abakoloni, aho ubutaka bwambuwe abirabura bugahabwa abazungu.

Kwambura ubutaka abazungu byateranyije Mugabe n’ibihugu by’i Burayi ndetse afatirwa ibihano bikomeye, bigishegesha Zimbabwe kugeza ubu.

Zimbabwe yatangaje ko kugira ngo yongere gusubiza agaciro ubuhinzi, yasanze ari ngombwa guha impozamarira abo bahinzi bagizweho ingaruka no kwamburwa ubutaka.

Mu bazahabwa izo ndishyi harimo abazungu bakomoka mu bihugu nk’u Bubiligi n’u Budage ndetse n’abanya-Zimbabwe basaga 400, nkuko RFI yabitangaje.

Zimbabwe yiyemeje guha impozamarira bamwe mu bahinzi bagizweho ingaruka na politiki yo kwambura ubutaka abazungu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages