00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zimbabwe: Banki zategetswe guhagarika gutanga inguzanyo

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 10 May 2022 saa 12:57
Yasuwe :

Abayobozi muri Zimbabwe bategetse amabanki guhagarika gutanga inguzanyo ndetse mu mpera z’icyumweru gishize hatangajwe ko iri tegeko ritangira gukurikizwa vuba na bwangu.

Hafashwe iki icyemezo kugira ngo habeho guhagarika gutakaza agaciro k’amadolari ya Zimbabwe bitewe n’ubucuruzi butemewe n’amategeko.

Zimbabwe yongeye gukoresha ifaranga ryayo bwite mu 2019 nyuma y’uko ryari ryatakaje agaciro ku kigero kiri hejuru ya 50% hagafatwa umwanzuro wo guhagarika kurikoresha mu 2009.

Perezida w’iki gihugu, Emmerson Mnangagwa, yashinje abatekamutwe batavuze amazina ko bagujije amadolari ya Zimbabwe ku nyungu nto ariko bo bakayakoresha mu bucuruzi mpuzamahanga ku giciro cyo hejuru.

Gukoresha amafaranga y’iki gihugu mu bucuruzi bukorerwa mu masoko ya magendu biri mu bintu bituma ifaranga ry’iki gihugu rikomeza gutakaza agaciro.

Uyu mwaka muri Mata ifaranga ryo muri Zimbabwe ryakataje agaciro ku kigero cya 96.4% kivuye kuri 60.6% muri Mutarama.

Amafaranga ya Zimbabwe akomeje gutakaza agaciro, Leta ikabishinja abacuruza magendu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages